YouVersion Logo
Search Icon

Abanyefezi 4

4
Ubumwe mu muryango w'Imana
1Noneho jyewe imbohe ihōrwa Nyagasani, ndabinginga mujye mugenza uko bikwiye mukurikije ibyo Imana yabahamagariye. 2Mwicishe bugufi rwose, mwiyoroshye kandi mwihangane, mugire n'urukundo rubatera kwihanganirana. 3Muharanire kugumana ubumwe butangwa na Mwuka w'Imana, amahoro abe ari yo mugozi ubafatanya. 4Umubiri wa Kristo ni umwe, Mwuka na we ni umwe nk'uko icyo mwiringira ari kimwe, ari na cyo Imana yabahamagariye. 5Nyagasani ni umwe, ukuri twemera ni kumwe, ukubatiza na ko ni kumwe, 6kandi Imana ni imwe ari yo Mubyeyi wa bose#bose: cg byose., igenga bose, igakoresha bose kandi ikaba muri bose.
7Buri muntu muri twe yagabiwe impano imukwiye, bikurikije ubuntu Kristo agira. 8Ni na ko Ibyanditswe bivuga ngo:
“Igihe yazamukaga akajya hejuru,
yajyanyeyo imfungwa ho iminyago,
maze aha abantu impano.”
9Ariko iryo jambo “yazamukaga” rivuga iki? Ese si ukuvuga se ko yabanje kumanuka akagera ikuzimu#ikuzimu: cg hasi ku isi.? 10Uwamanutse ni na we wazamutse ajya hejuru y'amajuru yose, kugira ngo yuzure ibyaremwe byose. 11Nuko aha bamwe kuba Intumwa ze, abandi ngo babe abahanuzi, abandi ngo babe abatangaza Ubutumwa bwiza, naho abandi ngo babe abashumba n'abigisha. 12Abigenza atyo kugira ngo intore z'Imana zitegurirwe gukora umurimo wayo, maze zubake Umubiri wa Kristo. 13Bityo igihe nikigera, twese tuzashyike ku rugero rw'ubumwe buva ku kwemera Umwana w'Imana no kumumenya byuzuye, kugira ngo tube abantu bahamye bageze ku rugero rwuzuye rwa Kristo. 14Ubwo ntituzaba tukiri abana ngo duteraganwe hirya no hino n'imiyaga ibonetse yose, ari yo myigishirize y'abantu bashukana biyubikije uburyarya buyobya. 15Ahubwo nituvuga ukuri tubitewe n'urukundo tuzakura ku buryo bwose, twunze ubumwe na Kristo ari we Mutwe#Umutwe: reba 1 Kor 11.3 (sob). w'Umubiri. 16Umutwe ni wo ugenga ingingo z'umubiri zose, ugatuma zihurizwa hamwe zigahuza imikorere, zibikesha imitsi iwukomeza ikawutunga, bityo buri rugingo rugakora umurimo rugenewe, maze umubiri wose ugakura ukiyubaka. Byose biterwa n'urukundo.
Imibereho mishya muri Kristo
17Ibi ni byo mvuga kandi nemeza mbikomora kuri Nyagasani: nimureke kugenza nk'abatazi Imana bakurikiza ibitekerezo byabo bitagira umumaro, 18kandi n'ubwenge bwabo bwararindagiye. Baciye ukubiri n'ubugingo buva ku Mana, kubera ubujiji bwabo n'imitima inangiye. 19Bataye isoni biroha mu bwomanzi, bigeza aho birundurira mu kwiyandarika k'uburyo bwose kuzanwa no kurarikira.
20Naho mwebwe uko si ko mwamenyeshejwe Kristo. 21Ni iby'ukuri, ibye mwarabyumvise mwigishwa uko ateye, bikurikije ukuri kubonerwa muri Yezu. 22Noneho nimwiyambure#nimwiyambure: reba 4.24-25; Kol 3.8-12; Rom 13.12,14. kamere yanyu ya kera yagengaga imigenzereze mwari mufite, kuko iyo kamere igenda ibonona kubera ibyifuzo byayo bishukana. 23Ahubwo muhindurwe bashya mu bugingo no mu bitekerezo. 24Mwambare kamere nshya mumere nk'uko Imana ishaka, iyo kamere irangwa n'ubutungane n'ubuziranenge bikomoka ku kuri.
Imigenzereze ya kamere nshya
25Ni cyo gituma mugomba kwiyambura n'ibinyoma, umuntu wese ajye abwiza mugenzi we ukuri, kuko twese turi ingingo z'umubiri umwe. 26Kandi nimurakara ntibikabatere gukora icyaha, ndetse izuba ntirikarenge mukirakaye! 27Ntimugahe Satani urwaho. 28Uwibaga ntakongere kwiba, ahubwo yihatire gukora ibyiza akoresheje amaboko ye, kugira ngo abone icyo afashisha uje akennye. 29Ntimukagire ijambo ribi na rimwe muvuga, ahubwo mujye muvuga ijambo ryose ryakubaka ubugingo bw'abandi nk'uko babikeneye, kugira ngo rigirire akamaro abaryumva. 30Ntimugashavuze Mwuka Muziranenge#Ntimugashavuze … Muziranenge: reba Ezayi 63.10. Imana yabahaye ho ikimenyetso kibaranga, kugeza ku Munsi wo gucungurwa. 31Mwamaganire kure icyitwa ukwishaririza, uburakari n'umujinya, intonganya no gusebanya, kimwe n'ubugome bw'uburyo bwose. 32Ahubwo mugirirane impuhwe n'ineza, mubabarirane nk'uko namwe Imana yabababariye muri Kristo.

Currently Selected:

Abanyefezi 4: BIR

Highlight

Share

Copy

None

Want to have your highlights saved across all your devices? Sign up or sign in

YouVersion uses cookies to personalize your experience. By using our website, you accept our use of cookies as described in our Privacy Policy